Inyigisho z'Iga Gutwara

Soma igisubizo cy’ukuri ako kanya – menya neza mbere y’ikizamini cy’ukuri

Ikibazo 67 Amategeko
Utugarurarumuri turi mu mbavu z’ikinyabiziga tugomba kugira ibara rikurikira:
  • A. umweru
  • B. umuhondo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • C. umutuku
  • D. Nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 68 Amategeko
Romoruki zifite ubugari ntarengwa bwa cm 80 zishobora gushyirwaho akagarurarumuri kamwe gusa iyo zikuruwe n’ibinyabiziga bikurikira:
  • A. velomoteri
  • B. ipikipiki idafite akanyabiziga ku ruhande ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • C. amavatiri y’ifasi
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 69 Amategeko
Amatara maremare y’ibara ryera cyangwa ry’umuhondo agomba, nijoro igihe ijuru rikeye, kumurika mu muhanda mu ntera ya m 100 nibura imbere y’ikinyabiziga, ariko ku binyabiziga bifite moteri itarengeje za sentimetero kibe 125 iyo ntera igira ibipimo bikurikira:
  • A. m200
  • B. m100
  • C. m85
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI

Witeguye Gufata Umwitozo?

Kora imyitozo yose hano, wishyure RWF 300 maze uhabwe access yuzuye mu portal!

Tangira Ubu →
Ikibazo 70 Amategeko
Iyo banyuze iruhande rw’inkomyi abanyamaguru bagomba gukikira banyuze mu muhanda, abayobozi bagomba gusiga umwanya ufite ubugari bwa m 1 nibura hagati yabo nayo. Iyo ibyo bidashobora kubahirizwa kandi umunyamaguru akaba anyura hafi yiyo nkomyi, umuyobozi agomba kuyikikira afite umuvuduko utarengeje ibipimo bikurikira:
  • A. km 10 mu isaha
  • B. km 20 mu isaha
  • C. km 30 mu isaha
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
Ikibazo 71 Amategeko
Guhagarara akanya gato no guhagarara akanya kanini bibujijwe cyane cyane aha hakurikira:
  • A. ku mihanda y’icyerekezo kimwe hose
  • B. mu ruhande ruteganye n’urwo ikindi kinyabiziga gihagazemo akanya gato cyangwa kanini ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • C. ku mihanda ibisikanirwamo, iyo ubugari bw’umwanya w’ibinyabiziga ugomba gutuma bibisikana butagifite m12
  • D. ibisubizo byose nibyo
Ikibazo 72 Amategeko
Amatara ndangambere n’aya ndanganyuma y’imodoka zitarengeje m 6 z’uburebure na m 2 z’ubugari habariwemo imitwaro kdi nta kinyabiziga kindi kiziritseho ashobora gusimburwa n’amatara akurikira, iyo ibyo binyabiziga bihagaze umwanya muto cyangwa munini mu nsisiro bibangikanye ku ruhande rw’umuhanda:
  • A. amatara magufi
  • B. amatara ndangaburumbarare
  • C. amatara yo guhagarara umwanya munini ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo