Inyigisho z'Iga Gutwara

Soma igisubizo cy’ukuri ako kanya – menya neza mbere y’ikizamini cy’ukuri

Ikibazo 79 Amategeko
Ahatari mu nsisiro ibyapa biburira n’ibyapa byo gutambuka mbere bigomba gushyirwa mu ntera ikurikira y’ahantu habyerekana:
  • A. metero 150 kugeza kuri 200 ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • B. metero 100 kugeza kuri 150
  • C. metero 50 kugeza kuri 100
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 80 Amategeko
Inkombe z’inzira nyabagendwa cyangwa z’umuhanda zishobora kugaragazwa n’ibikoresho ngarurarumuri. Ibyo bikoresho bigomba gushyirwaho ku buryo abagenzi babibona ku buryo bukurikira:
  • A. babona iburyo bwabo ibyibara ritukura cyangwa ibisa n’icunga rihishije
  • B. ibumoso babona iby’ibara ryera
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 81 Amategeko
Ahatari mu nsisiro, umuyobozi wese ugenza ikinyabiziga kimwe cyangwa ibinyabiziga bikomatanye bifite uburemere ntarengwa bwemewe burenga ibiro 3500 cyangwa bifite uburebure bwite burenga metero 10 agomba, keretse iyo anyuze cyangwa agiye kunyura ku bindi binyabiziga, gusiga hagati y’ikinyabiziga cye n’iki muri imbere umwanya uhagije kugirango ibinyabiziga bimuhiseho bishobore kuhigobeka bidateje impanuka igihe bibaye ngombwa ariko ibyo ntibikurikizwa mu bihe bikurikira:
  • A. mu gihe ibigendera mu muhanda ari byinshi kimwe no mu duce tw'inzira nyabagendwa aho kunyuranaho bibujijwe ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • B. igihe ibigendera mu muhanda ari byinshi
  • C. mu duce tw’inzira nyabagendwa aho kunyuranaho bibujijwe
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo

Witeguye Gufata Umwitozo?

Kora imyitozo yose hano, wishyure RWF 300 maze uhabwe access yuzuye mu portal!

Tangira Ubu →
Ikibazo 82 Amategeko
Ibiziga by’ibinyabiziga bigendeshwa na moteri n’ibya velomoteri kimwe n’ibya romoruki zabyo bigomba kuba byambaye inziga zihagwa zifite amano n’ubujyakuzimu butari munsi ya milimetero imwe ku migongo yabyo yose nubudodo bwabyo ntibugire ahantu na hamwe bugaragara kandi ntibugire aho byacitse bikomeye mu mpande zabyo ariko ibyo ntibikurikizwa ku binyabiziga bikurikira:
  • A. ibinyabiziga bidapakiye kandi bitajya birenza umuvuduko wa km 25 mu isaha ahateganye ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • B. ibinyabiziga bya police bijya ahatarenga km 25 uvuye aho biba
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 83 Amategeko
Amatara ndangacyerekezo agomba kuba agizwe n’ibintu bifashe ku rumuri rumyasa, biringaniye ku buryo bigira umubare utari igiharwe ku mpande z’imbere n’inyuma z’ikinyabiziga ayo matara aba afite amabara akurikira:
  • A. amatara y’imbere aba yera cyangwa ari umuhondo
  • B. ayinyuma aba atukura cyangwa asa n’icunga rihishije
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. ayinyuma aba asa n’icunga rihishije
Ikibazo 84 Amategeko
Amahoni y’ibinyabiziga bigendeshwa na moteri agomba kohereza ijwi ry’injyana imwe rikomeza kandi ridacengera amatwi ariko ibinyabiziga bikurikira bishobora kugira ihoni ridasanzwe ridahuye n’ibivuzwe haruguru:
  • A. ibinyabiziga ndakumirwa
  • B. ibinyabiziga bikora ku mihanda
  • C. ibinyabiziga bifite ubugari burenze m 2.10
  • D. A na B ni ibisubizo by’ukuri ✓ IGISUBIZO CY’UKURI