Inyigisho z'Iga Gutwara

Soma igisubizo cy’ukuri ako kanya – menya neza mbere y’ikizamini cy’ukuri

Ikibazo 97 Amategeko
Igihe ikorwa ry’imirimo ribangamiye cyane cyangwa buke uburyo bwo kugenda mu nzira nyabagendwa, ahakorerwa imirimo hagaragazwa ku buryo bukurikira:
  • A. icyapa cyera cya mpande enye, zingana zifite uruhande rwa metero 0.30
  • B. uruzitiro ruri ku mpera y’iburyo
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
Ikibazo 98 Amategeko
Iyo mu muhanda, imirimo yihariye ubugari butuma abayobozi bagomba kuva mu mwanya wabo usanzwe kugirango bakomeze urugendo, ahategetswe kunyurwa hagaragazwa n’ikimenyetso gishyirwa aho imirimo irangirira mu ruhande rugenderwamo. Icyo kimenyetso kirangwa n’amabara akurikira:
  • A. ubuso bw’ubururu ikirango cy’umweru ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • B. umuzenguruko w’umutuku, ubuso umweru n’ikirango cy’umukara
  • C. umuzenguruko w’umutuku, ubuso mu ibara ryera, ikirango mu ibara ry’umutuku n’umukara
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 99 Amategeko
Icyapa cyerekana ko hari amabwiriza yihariye mu buryo bwo kugendera mu cyambu cyangwa ku kibuga cy’indege giteye ku buryo bukurikira:
  • A. ishusho mpandeshatu, ubuso mu ibara ryera, ikirango mu ibara ry’umukara
  • B. ishusho mpandenye, ubuso mu ibara ry’ubururu n’ikirango kiri mu ibara ryera ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • C. ishusho y’uruziga mu ibara ry’ubururu ni ikirango kiri mu ibara ryera
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo

Witeguye Gufata Umwitozo?

Kora imyitozo yose hano, wishyure RWF 300 maze uhabwe access yuzuye mu portal!

Tangira Ubu →
Ikibazo 100 Amategeko
Nijoro igihe ijuru rikeye, itara ribonesha icyapa kiranga numero y’ikinyabiziga rigomba gutuma izo numero zisomerwa nibura mu ntera ikurikira:
  • A. m150
  • B. m50
  • C. m20 ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. m10
Ikibazo 101 Amategeko
Ibyapa byerekana icyago cyidahoraho kandi bigenewe kwerekana aho bagana cyangwa aho berekeza umuhanda nk’igihe cy’impanuka cyangwa hari imirimo ikorwa mu muhanda birangwa n’amabara akurikira:
  • A. umweru n’umukara
  • B. umweru n’umuhondo
  • C. ubuso bw’umweru gusa
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
Ikibazo 102 Amategeko
Birabujijwe kubangamira imigendere isanzwe y’ibindi binyabiziga kubera ibi bikurikira:
  • A. kugabanya umuvuduko kuburyo budasanzwe
  • B. gukacira feri bidatewe no kwirinda ibyago
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo