Inyigisho z'Iga Gutwara

Soma igisubizo cy’ukuri ako kanya – menya neza mbere y’ikizamini cy’ukuri

Ikibazo 133 Amategeko
Mu migi no ku yindi mihanda y’igihugu igenwa na minisitiri ushinzwe gutwara abantu n’ibintu uburebure ntarengwa kuri buri mitambiko 3 ifungwaho ibiziga bine ni:
  • A. toni 24 ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • B. toni 10
  • C. toni 16
  • D. toni 53
Ikibazo 134 Amategeko
Iyo hagati y’uruhande rw’imbere rwa romoruki n’uruhande rw’inyuma rw’ikinyabiziga kiyikurura hari umwanya urenze m 3 ikibizirikanyije kigomba kugaragazwa ku buryo bukurikira iyo amatara y’ikinyabiziga agomba gucanwa:
  • A. agatambaro gatukura gafite nibura cm 50 z’uruhande
  • B. itara risa n’icunga rihishije rigaragara mu mbavu igihe ikibizirikanyije kimuritswe ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 135 Amategeko
Itara ryo guhagarara ry’ibara ritukura rigomba kuba ridahumisha, kandi rigomba kugaragarira mu ntera ikurikira:
  • A. nijoro igihe ijuru rikeye nibura muri m 200
  • B. ku manywa igihe cy’umucyo nibura muri m50
  • C. nijoro nibura muri m 100 igihe ijuru rikeye
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI

Witeguye Gufata Umwitozo?

Kora imyitozo yose hano, wishyure RWF 300 maze uhabwe access yuzuye mu portal!

Tangira Ubu →
Ikibazo 136 Amategeko
Birabujijwe kongera ku mpande z’ikinyabiziga kigendeshwa na moteri cyangwa velomoteri ibi bikurikira:
  • A. imitako
  • B. ibintu bifite imigongo cyangwa ibirenga ku mubyimba kandi bishobora gutera ibyago abandi bagenzi
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 137 Amategeko
Ikintu cyose cyatuma hahindurwa ibyanditswe bireba nyirikarita cyangwa ibiranga ikinyabiziga kigomba kumenyeshwa ibiro by’imisoro haba mu magambo cyangwa mu ibaruwa ishinganye. Ibyo bikorwa mu gihe kingana gute:
  • A. mu minsi 5
  • B. mu minsi 8 ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • C. mu minsi 15
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 138 Amategeko
Kunyuranaho bikorerwa:
  • A. mu ruhande rw’iburyo gusa
  • B. igihe cyose ni ibumoso
  • C. iburyo iyo unyura ku nyamaswa
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI