Inyigisho z'Iga Gutwara

Soma igisubizo cy’ukuri ako kanya – menya neza mbere y’ikizamini cy’ukuri

Ikibazo 157 Amategeko
Inkombe z’inzira nyabagendwa cyangwa z’umuhanda zishobora kugaragazwa n’ibikoresho ngarurarumuri ibyo bikoresho bigomba gushyirwaho ku buryo abagenzi babibona ku buryo bukurikira:
  • A. babona gusa ibumoso bwabo ibyibara ryera
  • B. iburyo babona iby’ibara ritukura cyangwa risa n’icunga rihishije gusa
  • C. A na B ni ibisubizo by’ukuri ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 158 Amategeko
Iyo kuyobya umuhanda ari ngombwa bigaragazwa kuva aho uhera no kuburebure bwawo n’icyapa gifite ubuso bw’amabara akurikira:
  • A. umukara
  • B. umweru
  • C. umutuku
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
Ikibazo 159 Amategeko
Ku mihanda yagenwe na minisitiri ubifite mu nshingano ibyapa biburira n’ibyapa byerekana bigomba kugaragazwa kuva bwije kugera bukeye n’urumuri rwihariye cyangwa amatara ku mihanda cyangwa ibintu ngarurarumuri. Igihe ijuru rikeye intera y’ahagaragara igomba kuba nibura:
  • A. m50
  • B. m120
  • C. m150
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI

Witeguye Gufata Umwitozo?

Kora imyitozo yose hano, wishyure RWF 300 maze uhabwe access yuzuye mu portal!

Tangira Ubu →
Ikibazo 160 Amategeko
Ibizirikisho by’iminyururu cyangwa by’insinga kimwe n’ibindi by’ingoboka bikoreshwa gusa igihe nta kundi umuntu yabigenza kandi nta kindi bigiriwe uretse gusa kugirango ikinyabiziga kigere aho kigomba gukorerwa kandi nturenze na rimwe km 20 mu isaha, ibyo bizirikisho bigaragazwa ku buryo bukurikira:
  • A. agatambaro gatukura kuri cm 50 z’umuhanda
  • B. ikimenyetso cy’itara risa n’icunga rihishije
  • C. icyapa cyera cya mpande enye zingana gifite cm 30 kuri buri ruhande ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 161 Amategeko
Uretse mu mijyi, kuyindi mihanda yagenywe na minisiteri ushinzwe gutwara ibintu n’abantu, uburemere ntarengwa bwemewe ku binyabiziga bifatanye bifite imitambiko itatu ni:
  • A. toni 12 ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • B. toni 16
  • C. toni 10
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo
Ikibazo 162 Amategeko
Uretse mu mujyi kuyindi mihanda yajyenwe na minisitiri ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, uburemere ntarengwa ku binyabiziga bifite imitambiko itatu cyangwa irenga hatarimo mukuzungu ni :
  • A. toni 10
  • B. toni 12
  • C. toni 15
  • D. nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI