Inyigisho z'Iga Gutwara

Soma igisubizo cy’ukuri ako kanya – menya neza mbere y’ikizamini cy’ukuri

Ikibazo 19 Amategeko
Ubugari bwa romoruki ikuruwe n’igare cyangwa velomoteri ntiburenza ibipimo bikurikira:
  • A. cm25
  • B. cm125
  • C. cm45
  • D. Nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
Ikibazo 20 Amategeko
Ibinyabiziga bikoreshwa nka tagisi, bitegerereza abantu mu nzira nyabagendwa, bishobora gushyirwaho itara ryerekana ko ikinyabiziga kitakodeshejwe. Iryo tara rishyirwaho ku buryo bukurikira:
  • A. Ni itara ry’icyatsi rishyirwa imbere ku kinyabiziga ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • B. Ni itara ry’icyatsi rishyirwa ibumoso
  • C. Ni itara ry’umuhondo rishyirwa inyuma
  • D. A na C ni ibisubizo by’ukuri
Ikibazo 21 Amategeko
Za otobisi zagenewe gutwara abanyeshuri zishobora gushyirwaho amatara abiri asa n’icunga rihishije amyasa kugirango yerekane ko zihagaze no kwerekana ko bagomba kwitonda, ayo matara ashyirwaho ku buryo bukurikira :
  • A. Amatara abiri ashyirwa inyuma
  • B. Amatara abiri ashyirwa imbere
  • C. Rimwe rishyirwa imbere irindi inyuma ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. b na c ni ibisubizo by’ukuri

Witeguye Gufata Umwitozo?

Kora imyitozo yose hano, wishyure RWF 300 maze uhabwe access yuzuye mu portal!

Tangira Ubu →
Ikibazo 22 Amategeko
Itara ryo guhagarara ry’ibara ritukura rigomba kugaragara igihe ijuru rikeye nibura mu ntera ikurikira:
  • A. Metero 100 ku manywa na metero 20 mu ijoro
  • B. Metero 150 ku manywa na metero50 mu ijoro
  • C. Metero 200 ku manywa na metero100 mu ijoro
  • D. Nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
Ikibazo 23 Amategeko
Iyo umuvuduko w’ibinyabiziga bidapakiye ushobora kurenga km50 mu isaha ahategamye, bigomba kuba bifite ibikoresho by’ihoni byumvikanira mu ntera:
  • A. Metero 100
  • B. Metero 200
  • C. Metero 50 ✓ IGISUBIZO CY’UKURI
  • D. Metero 150
Ikibazo 24 Amategeko
Birabujijwe kugenza ibinyabiziga bigendeshwa na moteri naza romoruki zikururwa nabyo, iyo ibiziga byambaye inziga zidahagwa cyangwa inziga zikururuka zifite umubyimba uri hasi ya cm 4. Ariko ibyo ntibikurikizwa kubinyabiziga bikurikira:
  • A. Ku binyabiziga by’ingabo bijya ahatarenga km25
  • B. Ibinyabiziga bihinga
  • C. Ibinyabiziga bya police
  • D. Nta gisubizo cy’ukuri kirimo ✓ IGISUBIZO CY’UKURI